Wednesday, February 5Impamba y'amakuru yizewe

Month: January 2025

Umwe mu ba DJ bubatse izina mu Rwanda yitabye Imana

Umwe mu ba DJ bubatse izina mu Rwanda yitabye Imana

Amakuru Mashya
DJ Theo wamenyekanye mu kuvanga imiziki, yitabye Imana mu gitondo cyo ku wa 21 Mutarama 2025, nyuma y’iminsi yari amaze mu bitaro, abaganga bakurikirana indwara yari yaramuzahaje. Nshimiyimana Theogene wamamaye ku izina rya Dj Theo yapfiriye mu bitaro bya Masaka, aho yari yajyanwe kwivuriza kuri uyu wa Mbere tariki 20 Mutarama 2025. Dj Theo yabanje kurwarira mu bitaro bizwi nko kwa Kanimba. Yagiyeyo yumva atameze neza abwirwa ko ari ‘typhoïde’ icyakora uko iminsi yisunikaga agenda aremba ari na ko hagaragara indwara nshya nk'ukuko ikinyamakuru Umuseke.rw dukesha iyi nkuru kibitangaza. Yaje kuharembera kugeza ubwo atakaje ubushobozi bwo kumva no kuvuga, guhumeka nabwo bisaba ko yongerwa umwuka. Amakuru avuga ko yaje kujyanwa mu Bitaro bya Masaka kuko amafaranga yo kumwitaho y...
Vestine uzwi muri “Gospel” agiye kurongorwa n’umunyamahaga umuruta cyane

Vestine uzwi muri “Gospel” agiye kurongorwa n’umunyamahaga umuruta cyane

Imyidagaduro
Vestine Ishimwe uririmbana indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana (Gospel music) yaba agiye kurongorwa n’Umunyaburkinafaso w’imyaka 42. Amakuru yizewe agera ku kinyamakuru umuseke  dukesha iyi nkuru avuga ko uyu mukobwa wabonye izuba tariki ya 2 Mata 2003, yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we witwa , OUEDRAOGO IDRISSA wo muri Burikinafaso ,  mu muhango wabereye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo. Uyu umuhango wo gushyingirwa mu mategeko watangiye  saa kumi z’umugoroba kuri uyu wa 15 Mutarama 2025. Ngo nta muntu n’umwe wari wemerewe gufata amashusho n’amafoto muri uyu muhango kuko   ari itegeko ryati ryatanzwe n’abareberera inyungu z’uyu mukobwa muri muzika. Ishimwe Vestine na Kamikazi Dorcas ni abavandimwe babiri bavuka mu Karere ka Musanze, mu Murenge wa Muhoza. Ni bamwe mu...
Imana yampaye umugezi w’indirimbo udakama-Tonzi

Imana yampaye umugezi w’indirimbo udakama-Tonzi

Imyidagaduro
Umuhanzi, Clementine Uwitonze uzwi ku izina rya Tonzi, yemeza ko Imana yamuhaye impano yo guhora ahanga indirimbo ziyihimbaza (Gospel). Ibi, yabitangaje mu gihe yitegura gushyira hanze album ye ya cumi muri uyu mwaka wa 2025. Ni nyuma y’uko ku wa 31 Werurwe 2024 yamuritse album ye ya cyenda yise ‘Respect’ mu gitaramo cy’amateka, cyongeye guhuza itsinda rya "The Sisters" ribarizwamo Tonzi, Aline Gahongayire, Gaby Kamanzi, na Phanny Wibabara. Iyi album nshya y’uyu muhanzi avuga ko izaba igizwe n’indirimbo ze bwite n’izo yakoranye n’abandi bahanzi nk'uko ikinyamakuru Umuseke.rw dukesha iyi nkuru kibitangaza. Tonzi yagize ati "muri 2025 ndateganya gushyira hanze album ya 10, ntagihindutse, narayirangije, bishobotse nzayimurikira abakunzi banjye.” Umuhanzi Tonzi ufite inararibony...
Zimwe mu nyungu zo gukora imibonano mpuzabitsina

Zimwe mu nyungu zo gukora imibonano mpuzabitsina

Ubuzima
Abashakashatsi batandukanye berekanye ko gukora imibonano mpuzabitsina ari ingenzi ndetse uko umuntu akenera kurya kugira ngo agire ubuzima bwiza ari nako n'icyo gikorwa ari ingirakamaro. Iyo bavuga gukora imibonano mpuzabitsina, aha baba bavuga abantu bakuru kandi babana nk'umugabo n'umugore. Nk'uko tubikesha ikinyamakuru imirasire, ni uko gukora imibonano mpuzabitsina bifite imimaro igera kuri irindwi. 1.Kongerera umubiri abasirikare Guhuza ibitsina kenshi byongera abasirikare b’umubiri. Ibi bihuye neza n’uko umuntu uwo ari we wese arwaye, ibanga ryo kugira ngo agire imbaraga ni ukwiyandayanda agakora imibonano mpuzabitsina. Guhuza ibitsina kenshi byongera abasirikare b’umubiri Ibi bihuye neza n’uko igihe umuntu uwariwe wese arwaye, ibanga ryo kugirango agire imbaraga ni u...