Friday, February 21Impamba y'amakuru yizewe

Author: Impamba Reporter

Impinduka mu gutanga umusoro

Impinduka mu gutanga umusoro

Mu Rwanda
Ibyerekeye imisoro mu Rwanda bigiye kuvugururwa. Bizakorwa mu byiciro bitatu, birimo kongera imisoro yari isanzwe, gushyiraho umusoro mushya ndetse no gushyiraho umusoro ku nyongeragaciro ku bicuruzwa bitari bisanzwe biwutanga. Ibi ni bimwe mu byemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 10 Gashyantare 2025, iyobowe na Perezida Kagame. Icyiciro cya mbere kigizwe no kongera umusoro. Ibi bivuze ko ibi bicuruzwa birebwa n’iri zamuka, ari ibyari bisanzwe bitanga umusoro, ariko ukaba ugiye kwiyongera. Ibyo birimo inzoga n’itabi nk'uko ikinyamakuru igihe dukesha iyi nkuru kibitangaza. Ikindi cyiciro ni icy’ibicuruzwa bitari bisanzwe byishyura umusoro ku nyongeragaciro, bitewe n’uko Leta yifuzaga ko byiyongera, bikarushaho gukoreshwa n’abaturage benshi. Ibyo birimo nka telef...
Ruhango: Hari abatangiye kubazwa ibya za mudasobwa zibwe

Ruhango: Hari abatangiye kubazwa ibya za mudasobwa zibwe

Mu Rwanda
Mu kigo cy'amashuri cya GS Muhororo mu Kagari ka Buhoro, Umurenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango haravugwa ubujura bwa mudasobwa 16 (Computers), Umuyobozi waryo n’Umukozi batangiye kubibazwaho. Ikibazo cy’ubujura bwa mudasobwa 16 kivugwa muri GS ya Muhororo cyamenyekanye saa ine zo kuri uyu wa Gatanu tliki ya 31 Mutarama 2025. Amakuru avuga ko bamenye ko muri iki Kigo hibwe mudasobwa z’ishuri 16 mu ijoro ryakeye. Ayo makuru avuga ko babimenyesheje inzego z’umutekano iz’Ubugenzacyaha n’iza Polisi bihutira kujyayo. Umwe mu kiganiro yagiranye n'ikinyamakuru umuseke.rw dukesha iyi nkuru yagize ati"Polisi na RIB bahageze bayoberwa uburyo zibwemo kuko butasobanutse". Ayo makuru avuga kandi ko Ubuyobozi bw’ikigo n’abarinzi bavuga ko hishwe ingufuri y’urugi rw’inyuma, ariko wareba ...
Umwe mu ba DJ bubatse izina mu Rwanda yitabye Imana

Umwe mu ba DJ bubatse izina mu Rwanda yitabye Imana

Amakuru Mashya
DJ Theo wamenyekanye mu kuvanga imiziki, yitabye Imana mu gitondo cyo ku wa 21 Mutarama 2025, nyuma y’iminsi yari amaze mu bitaro, abaganga bakurikirana indwara yari yaramuzahaje. Nshimiyimana Theogene wamamaye ku izina rya Dj Theo yapfiriye mu bitaro bya Masaka, aho yari yajyanwe kwivuriza kuri uyu wa Mbere tariki 20 Mutarama 2025. Dj Theo yabanje kurwarira mu bitaro bizwi nko kwa Kanimba. Yagiyeyo yumva atameze neza abwirwa ko ari ‘typhoïde’ icyakora uko iminsi yisunikaga agenda aremba ari na ko hagaragara indwara nshya nk'ukuko ikinyamakuru Umuseke.rw dukesha iyi nkuru kibitangaza. Yaje kuharembera kugeza ubwo atakaje ubushobozi bwo kumva no kuvuga, guhumeka nabwo bisaba ko yongerwa umwuka. Amakuru avuga ko yaje kujyanwa mu Bitaro bya Masaka kuko amafaranga yo kumwitaho y...
Vestine uzwi muri “Gospel” agiye kurongorwa n’umunyamahaga umuruta cyane

Vestine uzwi muri “Gospel” agiye kurongorwa n’umunyamahaga umuruta cyane

Imyidagaduro
Vestine Ishimwe uririmbana indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana (Gospel music) yaba agiye kurongorwa n’Umunyaburkinafaso w’imyaka 42. Amakuru yizewe agera ku kinyamakuru umuseke  dukesha iyi nkuru avuga ko uyu mukobwa wabonye izuba tariki ya 2 Mata 2003, yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we witwa , OUEDRAOGO IDRISSA wo muri Burikinafaso ,  mu muhango wabereye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo. Uyu umuhango wo gushyingirwa mu mategeko watangiye  saa kumi z’umugoroba kuri uyu wa 15 Mutarama 2025. Ngo nta muntu n’umwe wari wemerewe gufata amashusho n’amafoto muri uyu muhango kuko   ari itegeko ryati ryatanzwe n’abareberera inyungu z’uyu mukobwa muri muzika. Ishimwe Vestine na Kamikazi Dorcas ni abavandimwe babiri bavuka mu Karere ka Musanze, mu Murenge wa Muhoza. Ni bamwe mu...
Imana yampaye umugezi w’indirimbo udakama-Tonzi

Imana yampaye umugezi w’indirimbo udakama-Tonzi

Imyidagaduro
Umuhanzi, Clementine Uwitonze uzwi ku izina rya Tonzi, yemeza ko Imana yamuhaye impano yo guhora ahanga indirimbo ziyihimbaza (Gospel). Ibi, yabitangaje mu gihe yitegura gushyira hanze album ye ya cumi muri uyu mwaka wa 2025. Ni nyuma y’uko ku wa 31 Werurwe 2024 yamuritse album ye ya cyenda yise ‘Respect’ mu gitaramo cy’amateka, cyongeye guhuza itsinda rya "The Sisters" ribarizwamo Tonzi, Aline Gahongayire, Gaby Kamanzi, na Phanny Wibabara. Iyi album nshya y’uyu muhanzi avuga ko izaba igizwe n’indirimbo ze bwite n’izo yakoranye n’abandi bahanzi nk'uko ikinyamakuru Umuseke.rw dukesha iyi nkuru kibitangaza. Tonzi yagize ati "muri 2025 ndateganya gushyira hanze album ya 10, ntagihindutse, narayirangije, bishobotse nzayimurikira abakunzi banjye.” Umuhanzi Tonzi ufite inararibony...
Zimwe mu nyungu zo gukora imibonano mpuzabitsina

Zimwe mu nyungu zo gukora imibonano mpuzabitsina

Ubuzima
Abashakashatsi batandukanye berekanye ko gukora imibonano mpuzabitsina ari ingenzi ndetse uko umuntu akenera kurya kugira ngo agire ubuzima bwiza ari nako n'icyo gikorwa ari ingirakamaro. Iyo bavuga gukora imibonano mpuzabitsina, aha baba bavuga abantu bakuru kandi babana nk'umugabo n'umugore. Nk'uko tubikesha ikinyamakuru imirasire, ni uko gukora imibonano mpuzabitsina bifite imimaro igera kuri irindwi. 1.Kongerera umubiri abasirikare Guhuza ibitsina kenshi byongera abasirikare b’umubiri. Ibi bihuye neza n’uko umuntu uwo ari we wese arwaye, ibanga ryo kugira ngo agire imbaraga ni ukwiyandayanda agakora imibonano mpuzabitsina. Guhuza ibitsina kenshi byongera abasirikare b’umubiri Ibi bihuye neza n’uko igihe umuntu uwariwe wese arwaye, ibanga ryo kugirango agire imbaraga ni u...
Wari uzi ko kunywa inzoga bigira ingaruka

Wari uzi ko kunywa inzoga bigira ingaruka

Mu Rwanda
  Minisitiri w’Ubuzima Dr Nsanzimana Sabin, yagiriye inama abakora n’abitabira ibirori byo mu minsi mikuru kwirinda kunywa ibisindisha ngo barenze urugero kuko bishobora kubaviramo uburwayi buganisha ku rupfu. Binyuze mu mashusho yashyizwe ku rubuga rwa X rwahoze ari yo Twitter rwa MINISANTE, Dr Nsanzimana Sabin, yavuze ko muri iyi minsi mikuru abantu bakora ibirori ku bwinshi bakanywa inzoga nyinshi ariko bakibagirwa ko mu gihe barengeje urugero bishobora kwangiza umubiri ndetse bigatera uburwayi. Dr Sabin yagize ati"Inzoga iyo uzinyweye zigera mu bice bitandukanye by’umubiri, igice cya mbere zihungabanya ni umwijima kuko uba ugomba gusohora 90% y’inzoga wanyoye rimwe na rimwe bitwara amasaha menshi kugira ngo icupa rimwe rigushiremo; ibaze gushyiramo irindi cupa birangi...
Nyuma yo kuraga abana be yaburiwe irengero

Nyuma yo kuraga abana be yaburiwe irengero

Mu Rwanda
Béatrice Uzamukunda w’Imyaka 50, wo mu Mudugudu w’Umucyo, Akagari ka Kigarama, Umurenge wa Gitega, Akarere ka Nyarugenge, yahamagaye abana be batatu ababwira imitungo ye nyuma aburirwa irengero. Amakuru agera ku kinyamakuru UMUSEKE dukesha iyi nkuru avuga ko kuwa Kane triki ya 26 Ukuboza 2024, Beatrice yahamagaye abana be batatu, abaganiriza ku by’imitungo y’urugo, irimo: inzu, ibibanza mu Mujyi wa Kigali, ndetse n’amafaranga afite mu mabanki abitsamo. Ayo makuru avuga ko ibi yabwiye abana be mu magambo, yaje no kubishyira mu nyandiko ayisiga mu cyumba araramo agenda atavuze aho agiye. Bamwe mu batanze ayo makuru bavuga ko bamenye ko yagiye ari uko abana batatse ko yatinze kubyuka bajya kumureba iwe mu cyumba bakamubura. Umwe yagize ati “abana binjiye mu cyumba basanga yahasize...
Gutwara imyanda muri Kigali bizanozwa ryari?

Gutwara imyanda muri Kigali bizanozwa ryari?

Mu Rwanda
Kigali nubwo ari umwe mu mijyi irangwamo isuku muri Afurika, ariko n'ubu hari ibitaranozwa, nk'uko tubisanga muri iyi nkuru. Gahunda yo gutwara imyanda bigaragara ko itiranozwa neza ndetse irimo ibibazo bitandukanye. Bimwe mu bigarukwaho n’abakora iyo serivisi birimo ibijyanye n’uburiganya mu bigo bitsindira amasoko, gutinda gutwarira imyanda abaturage, ikibazo cy’imihanda micye ikoreshwa n’imodoka zabugenewe n’ibindi . Umuyobozi w’ ikigo AGRUNI, gikusanya kikanatwara imyanda ku kimoteri cya Nduba, Ngenzi Shiraniro Jean Paul, yabwiye UMUSEKE dukesha iyi nkuru ko kugeza ubu gutwara imyanda mu mujyi wa kigali bitaranozwa ahanini bitewe nuko nta buryo bunoze buhari bwo kuyicunga neza. Ati “Iriya myanda iramutse icunzwe neza ishobora kubyazwamo ibindi bintu bishobora kuvamo ubukire...
Umunyamakuru mwakunze mu biganiro bya Radio/TV10 yitabye Imana

Umunyamakuru mwakunze mu biganiro bya Radio/TV10 yitabye Imana

Amakuru Mashya
Umunyamakuru, Pascal Habababyeyi wakoraga mu kiganiro AHABONA kiba ku Cyumweru kuri Radio/TV10 urupfu rwe rwamenyekanye kuri uyu wa Gatandatu, aho yari arwariye mu bitaro bya CHUK. Ikinyamakuru Imvaho Nshya gitangaza ko Umuyobozi Mukuru wungirije wa CHUK, Prof Nyundo Martin, yabwiye itangazamakuru ko amakuru y’urupfu rwa Habababyeyi yayamenye kuko uyu munyamakuru yari asigaye ari Umuyobozi w’ashami rishinzwe Itumanaho (PR) mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali, CHUK. Umuyobozi Mukuru wa Tele10 Group ibarizwamo Radio 10 na TV10, Augustin Muhirwa, yavuze ko amakuru y’ibanze yabonye ari uko Pascal Habababyeyi yazize uburwayi butunguranye. Oswald Mutuyeyezu wakoranaga na Pascal Habababyeyi mu kiganiro AHABONA, yabwiye UMUSEKE dukesha iyi nkuru ko bari bamaze iminsi bategurana ikiganiro cyo ku C...