Saturday, March 29Impamba y'amakuru yizewe

Mu Rwanda

Nyarugenge: Abakekwaho ubujra bahagurukiwe

Nyarugenge: Abakekwaho ubujra bahagurukiwe

Mu Rwanda
  Polisi y’u Rwanda yavuze ko itazihanganira na busa abantu bumva ko bazatungwa no kwiba cyangwa gushikuza iby’abandi, ibasaba kuyoboka imirimo y’amaboko, kuko amayeri yose bakoresha mu gucucura rubanda yavumbuwe. Ni nyuma y’uko, ku wa 12 Werurwe 2025, mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Mageragere, Akagali ka Nyarufunzo, hafatiwe abantu bakekwaho ubujura. Abafashwe ni abasore babiri, Ngerageza Eric na Manishimwe John, batawe muri yombi bakekwaho kwiba abaturage mu ngo zabo, bakoresheje imfunguzo bacurishije nk'uko ikinyamakuru impamba.com kibikesha ikinyamakuru umuseke.rw. CIP Wellars Gahonzire, Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, yabwiye UMUSEKE ko Polisi itazihanganira uwo ari we wese urya iby’abandi babiriye icyuya. Yagize ati “abantu badashaka gukora bakumva k...
Ibitaro bitanga agera muri miliyoni 150 ku bw’amikoro make y’ababigana

Ibitaro bitanga agera muri miliyoni 150 ku bw’amikoro make y’ababigana

Mu Rwanda
Aya ni amakuru avugwa mu bitaro bya Byumba mu Karere ka Gicumba, ayo mafaranga akaba atangwa ku bw'ibibazo bitandukanye by'ababigana. Ibi, ni ibyatangajwe ku wa 23 Gashyantare 2025 ku munsi ngarukamwaka wo kuzirikana abarwayi, ubusanzwe uyu munsi ukaba unizihizwa kw’ isi hose mu Rwanda wizihijwe ku nshuro ya 33. Muri abo bavuga ko bamaze imyaka myinshi mu bitaro ku bw'ibibazo bitandukanye, harimo abadafite umwuka wo guhumeka bahora bacometswe ku byuma by’ikoranabuhanga, abadafite abo kubagemurira amafunguro, ababuze ubwishyu ndetse n’abarwayi bo mu mutwe baturutse mu bihugu by’amahanga bakomeje kwitabwaho umunsi ku munsi. Gusa bitewe no kwakira ibyababayeho, banakwereka ko bashima abaganga babitaho umunsi ku munsi kandi bizera ko bafite Imana izabafasha gusezererwa, bagataha iwabo...
Impinduka mu gutanga umusoro

Impinduka mu gutanga umusoro

Mu Rwanda
Ibyerekeye imisoro mu Rwanda bigiye kuvugururwa. Bizakorwa mu byiciro bitatu, birimo kongera imisoro yari isanzwe, gushyiraho umusoro mushya ndetse no gushyiraho umusoro ku nyongeragaciro ku bicuruzwa bitari bisanzwe biwutanga. Ibi ni bimwe mu byemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 10 Gashyantare 2025, iyobowe na Perezida Kagame. Icyiciro cya mbere kigizwe no kongera umusoro. Ibi bivuze ko ibi bicuruzwa birebwa n’iri zamuka, ari ibyari bisanzwe bitanga umusoro, ariko ukaba ugiye kwiyongera. Ibyo birimo inzoga n’itabi nk'uko ikinyamakuru igihe dukesha iyi nkuru kibitangaza. Ikindi cyiciro ni icy’ibicuruzwa bitari bisanzwe byishyura umusoro ku nyongeragaciro, bitewe n’uko Leta yifuzaga ko byiyongera, bikarushaho gukoreshwa n’abaturage benshi. Ibyo birimo nka telef...
Ruhango: Hari abatangiye kubazwa ibya za mudasobwa zibwe

Ruhango: Hari abatangiye kubazwa ibya za mudasobwa zibwe

Mu Rwanda
Mu kigo cy'amashuri cya GS Muhororo mu Kagari ka Buhoro, Umurenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango haravugwa ubujura bwa mudasobwa 16 (Computers), Umuyobozi waryo n’Umukozi batangiye kubibazwaho. Ikibazo cy’ubujura bwa mudasobwa 16 kivugwa muri GS ya Muhororo cyamenyekanye saa ine zo kuri uyu wa Gatanu tliki ya 31 Mutarama 2025. Amakuru avuga ko bamenye ko muri iki Kigo hibwe mudasobwa z’ishuri 16 mu ijoro ryakeye. Ayo makuru avuga ko babimenyesheje inzego z’umutekano iz’Ubugenzacyaha n’iza Polisi bihutira kujyayo. Umwe mu kiganiro yagiranye n'ikinyamakuru umuseke.rw dukesha iyi nkuru yagize ati"Polisi na RIB bahageze bayoberwa uburyo zibwemo kuko butasobanutse". Ayo makuru avuga kandi ko Ubuyobozi bw’ikigo n’abarinzi bavuga ko hishwe ingufuri y’urugi rw’inyuma, ariko wareba ...
Wari uzi ko kunywa inzoga bigira ingaruka

Wari uzi ko kunywa inzoga bigira ingaruka

Mu Rwanda
  Minisitiri w’Ubuzima Dr Nsanzimana Sabin, yagiriye inama abakora n’abitabira ibirori byo mu minsi mikuru kwirinda kunywa ibisindisha ngo barenze urugero kuko bishobora kubaviramo uburwayi buganisha ku rupfu. Binyuze mu mashusho yashyizwe ku rubuga rwa X rwahoze ari yo Twitter rwa MINISANTE, Dr Nsanzimana Sabin, yavuze ko muri iyi minsi mikuru abantu bakora ibirori ku bwinshi bakanywa inzoga nyinshi ariko bakibagirwa ko mu gihe barengeje urugero bishobora kwangiza umubiri ndetse bigatera uburwayi. Dr Sabin yagize ati"Inzoga iyo uzinyweye zigera mu bice bitandukanye by’umubiri, igice cya mbere zihungabanya ni umwijima kuko uba ugomba gusohora 90% y’inzoga wanyoye rimwe na rimwe bitwara amasaha menshi kugira ngo icupa rimwe rigushiremo; ibaze gushyiramo irindi cupa birangi...
Nyuma yo kuraga abana be yaburiwe irengero

Nyuma yo kuraga abana be yaburiwe irengero

Mu Rwanda
Béatrice Uzamukunda w’Imyaka 50, wo mu Mudugudu w’Umucyo, Akagari ka Kigarama, Umurenge wa Gitega, Akarere ka Nyarugenge, yahamagaye abana be batatu ababwira imitungo ye nyuma aburirwa irengero. Amakuru agera ku kinyamakuru UMUSEKE dukesha iyi nkuru avuga ko kuwa Kane triki ya 26 Ukuboza 2024, Beatrice yahamagaye abana be batatu, abaganiriza ku by’imitungo y’urugo, irimo: inzu, ibibanza mu Mujyi wa Kigali, ndetse n’amafaranga afite mu mabanki abitsamo. Ayo makuru avuga ko ibi yabwiye abana be mu magambo, yaje no kubishyira mu nyandiko ayisiga mu cyumba araramo agenda atavuze aho agiye. Bamwe mu batanze ayo makuru bavuga ko bamenye ko yagiye ari uko abana batatse ko yatinze kubyuka bajya kumureba iwe mu cyumba bakamubura. Umwe yagize ati “abana binjiye mu cyumba basanga yahasize...
Gutwara imyanda muri Kigali bizanozwa ryari?

Gutwara imyanda muri Kigali bizanozwa ryari?

Mu Rwanda
Kigali nubwo ari umwe mu mijyi irangwamo isuku muri Afurika, ariko n'ubu hari ibitaranozwa, nk'uko tubisanga muri iyi nkuru. Gahunda yo gutwara imyanda bigaragara ko itiranozwa neza ndetse irimo ibibazo bitandukanye. Bimwe mu bigarukwaho n’abakora iyo serivisi birimo ibijyanye n’uburiganya mu bigo bitsindira amasoko, gutinda gutwarira imyanda abaturage, ikibazo cy’imihanda micye ikoreshwa n’imodoka zabugenewe n’ibindi . Umuyobozi w’ ikigo AGRUNI, gikusanya kikanatwara imyanda ku kimoteri cya Nduba, Ngenzi Shiraniro Jean Paul, yabwiye UMUSEKE dukesha iyi nkuru ko kugeza ubu gutwara imyanda mu mujyi wa kigali bitaranozwa ahanini bitewe nuko nta buryo bunoze buhari bwo kuyicunga neza. Ati “Iriya myanda iramutse icunzwe neza ishobora kubyazwamo ibindi bintu bishobora kuvamo ubukire...
Ushinjwa kwica Burugumestre wa Ntyazo haribazwa impamvu atabazwa ubwicanyi bw’i Karama

Ushinjwa kwica Burugumestre wa Ntyazo haribazwa impamvu atabazwa ubwicanyi bw’i Karama

Mu Rwanda
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 bo mu Karere ka Nyanza ho mu Ntara y'Amajyepfo baranenga ko Hategekimana Philippe bita Biguma ko atazabazwa ibyabereye ku musozi wa Karama. Mu Bufaransa hakomeje kubera urubanza mu bujurire bwa Hategekimana Philippe Manier  Biguma aho yajuririye icyemezo cy’urukiko rwa Rubanda, rwari rwamukatiye igihano cy’igifungo cya burundu rwamuhamije ibyaha bya Jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu. Bavuga ko Hategekimana Philippe Manier Biguma yagize uruhare mu bwicanyi bwahabereye gusa uruhande rw’abaregera indishyi bari basabye urukiko ko Biguma yanaryozwa ubwicanyi bwabereye ku musozi wa Karama. Ni icyemezo kitashimishije bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe abatutsi bo mu karere ka Nyanza. Umwe yagize ati”Kuba Biguma atazabazwa ibyabereye i...
Usanase yatawe muri yombi

Usanase yatawe muri yombi

Mu Rwanda
RIB yemeje ko yataye muri yombi umukobwa witwa Usanase Shalon uzwi  ku izina rya Jacky Umuvugizi w'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) ari we Dr. Murangira B.Thierry, yavuze ko akurikiranweho gukora ibikorwa by’ibiterasoni mu ruhame, no gutangaza amakuru y’urukozasoni hakoreshejwe mudasobwa, gutukana mu ruhame no gushyira ahagaragara amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina. Kugeza ubu Jacky afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Gikondo mu gihe agikorerwa dosiye ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha. Usanase yaheruka kugarahara ku mbuga nkoranyambaga avuga ibiteye isoni, anenga umugabo bari bagiye kubana nyuma yo kumwambika impeta ko ” atashobora inshingano zo mu buriri.” ndetse yasanze  nta mikoro afite nk'uko yabikekaga( abivugana ibitutsi). Dr. Murangira yavuze ko mu bihano Jacky...
Mabondo ni umwe mu batawe muri yombi, ese barakekwaho iki?

Mabondo ni umwe mu batawe muri yombi, ese barakekwaho iki?

Mu Rwanda
Urwego rw'Igihugu  rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwataye muri yombi Mwiseneza Jerome, umwanditsi w’Urukiko rw’Ibanze rwa Gatunda n’umuhesha w’inkiko witwa Mabondo Semahoro Victor n’abandi bo mu Karere ka Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba. Mu bandi batawe muri yombi bafatwa nk’abafatanyacyaha barimo Mukadusabe Marcelline wigize umuhuza, bamwe bazwi nk’abakomisiyoneri akaba yarakoranaga na Mabondo, Mukeshimana Seraphine umugore wa Jean Claude Hagumubuzima ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana na Ntuyenabo wahuje Mukeshimana na Mwiseneza. Aba bose bakurikiranyweho ibyaha byo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, ubufatanyacyaha ku cyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, kwiyitirira urwego rw’umwuga, aho Mabondo yiyitaga ko ari umwavoka wunga...